00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umurusiya w’inshuti ya Putin ni we watwerereye menshi mu bukwe bw’umuhungu wa Trump

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 September 2026 saa 10:10
Yasuwe :

Umugore wa Donald Trump Jr., Bettina Trump, yemeje ko Umar Kremlev, umuherwe w’Umurusiya ufitanye umubano wa hafi na Perezida Vladimir Putin, yatanze amafaranga menshi mu birori byakurikiye ubukwe bwabo bwabereye muri Bahamas muri Gicurasi 2026.

Ibi byemejwe nyuma y’inkuru ya ProPublica yavugaga ko Kremlev, uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe, yishyuye ibihumbi amagana by’amadolari ku birori byamaze iminsi itatu, birimo gukodesha kimwe mu birwa bibiri byigenga ubukwe bwabereyemo no gutegura ibishashi by’umuriro byaturikijwe.

Mu butumwa Bettina Trump yashyize kuri Instagram, yavuze ko Kremlev ari “inshuti yabo ikomeye” kandi ko yabateguriye ku buntu amajoro abiri y’ibirori nyuma y’ubukwe.

Yagize ati ibi byari “impano idasanzwe y’ubukwe yatanzwe n’inshuti”, avuga ko bo na Trump Jr. bakomeje kuyishimira.

Bettina yavuze ariko ko ubukwe nyir’izina bwabaye mu muhango wihariye wari witabiriwe n’abo mu miryango yabo gusa. Yasobanuye ko ibirori byakurikiyeho byari bisanzwe byarateguwe nk’iminsi yo kwishimana n’inshuti, mbere y’uko gahunda y’ubukwe ihinduka.

Yamaganye uburyo iyi mpano yatangiye gufatwa nk’ikibazo cya politiki, avuga ko ubucuti n’ubuntu bidakwiye guhita bifatwa nk’ibifite umugambi wa politiki.

Kremlev afitanye umubano wa hafi na Kremlin. Aherutse guhabwa umudali w’ubushuti na Putin, kimwe mu bihembo by’u Burusiya, ndetse yanajyanye na Putin mu Bushinwa ari mu itsinda ry’intumwa z’u Burusiya.

Donald Trump Jr. na Bettina Anderson bakoze ubukwe, maze amafaranga menshi bifashishije atangwa n'umuntu w'inshuti ya Putin

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages