00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusirikare w’u Bufaransa yiciwe muri Libani, batatu barakomereka

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 19 April 2026 saa 05:42
Yasuwe :

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko umusirikare umwe w’iki gihugu wari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Libani (UNIFIL) yishwe mu gico batezwe mu majyepfo y’iki gihugu, abandi batatu barakomereka.

Ibi yabitangaje mu itangazo yashyize hanze ku wa 18 Mata 2026 ryamagana ibi bitero kubera ko byibasiye abasirikare b’igihugu cye bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Libani.

Muri iri tangazo yavuze ko yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Liban, Joseph Aoun, hamwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Nawaf Salam.

Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa, Catherine Vautrin yavuze ko abo basirikare bishwe ubwo bari bagiye gufungura umuhanda wari warafunzwe kubera imirwano yaberaga muri ako gace. Batezwe igico.

Yavuze ko uyu musirikare yiciwe mu gitero cyabereye mu Majyepfo yo muri Libani mu cyaro cyitwa Ghandouriyeh.

UNIFIL wagaragaje ko bikekwa ko iki gitero cyagabwe n’umutwe wa Hezbollah ndetse ko batangije iperereza ryimbitse kureba icyatumye ibyo bitero bibaho.

Macron yagaragaje ko ibimenyetso byerekana ko ibyo bitero byagabwe n’umutwe wa Hezbollah ndetse asaba ko warwanywa.

Umunyabanga Mukuru wa Loni, António Guterres yamaganye ibyo bitero byabereye muri Libani ndetse asaba ababigizemo uruhare kubahiriza amasezerano y’amahoro no guhagarika imirwano muri iki gihugu.

Ku rundi ruhande Hezbollah yigaramye ibyo bitero ivuga ko nta ruhare yigeze ibigiramo ndetse igaragaza ko yatunguwe no kubona bayibeshyera ko ari yo yabigizemo uruhare.

Umusirikare w’u Bufaransa yiciwe muri Libani, batatu barakomereka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages