Ibi byatangajwe na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, nyuma yaho Urwego rushinzwe kurwanya ruswa, NABU, rukoze igenzura ku mikoresheje y’amafaranga mu bakozi b’ibiro bye.
Andry Yermak yari amaze iminsi ari gukorwaho iperereza n’uru rwego rwa NABU kubera ibyaha bya ruswa.
Ntabwo ari uyu mugabo gusa ukurikiranywe muri iki kirego kubera ko hari abandi umunani nabo batangiye gukurikiranwa kubera ibi birego bya ruswa harimo n’abahoze ari inshuti za hafi za Perezida Zelensky.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na Zelensky ryagaragaza ko hari abandi bakozi bo mu biro bya Perezida batanze amabaruwa yo kwegura ku mirimo yabo.
Ati “Hari abandi bantu bakora mu biro bya Perezida bamaze gutanga ibaruwa zo kwegura ku kazi. Kandi ndashimira Andriy ku ruhare yagiye agira mu masezerano atandukanye igihugu cyagiye kijyamo.”
Yakomeje avuga ko impamvu nyamukuru yahisemo kuyishyira hanze ari ukugira ngo yamagane ibihuha byari bimaze iminsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!