Inkundura y’abasaba ko Australia iba Repubulika yongeye kwaduka mbere y’uruzinduko Umwami Charles III azagirira muri icyo gihugu mu cyumweru gitaha.
Inyandiko z’ibwami zimaze iminsi zohererezwa abasaba ubwigenge bwa Australia, zigaragaza ko Umwami Charles III yifuza ko icyo gitekerezo cyafatwaho umwanzuro, bigizwemo n’abanya-Australia ubwabo.
BBC ivuga ko ibyo Umwami Charles III yasubije abashaka ko igihugu cyabo kiba Repubulika ntaho bitaniye n’umurongo ubwo bwami busanganywe ku bibazo nk’ibyo by’abashaka kwiyomora.
Amatora aheruka ku kuba Australia yaba Repubulika yabaye mu 1999, aho abenshi mu batuye icyo gihugu batoye bemeza ko bashaka kuguma munsi y’ubwami bw’u Bwongereza.
Guverinoma iriho muri Australia mu ntangiriro z’uyu mwaka yatangaje ko nta gahunda ifite yo gutegura andi matora, nubwo bitashimishije abarambiwe kuyoborwa n’umwami batagira uruhare mu gutora.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!