00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwami Charles yatumiye Harry n’umuryango we mu birori bye byo kwimikwa

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 6 March 2023 saa 10:33
Yasuwe :

Umwami w’u Bwongereza Charles III yatumiye Harry n’umugore we Meghan Markle mu birori byo kwimikwa, nyuma y’igihe havugwa ukutumvikana hagati y’uyu muryango n’Ibwami.

Harry n’umugore we Meghan bakiriye ubutumwa buvuye ku Mwami Charles bubatumira mu birori byo kumwimika Umwami Charles bizaba tariki 6 Gicurasi 2023, gusa ntibaremeza ko bazitabira ubu butumire.

Umuvugizi w’uyu muryango yatangaje ko Harry na Megahn bakiriye ubutumwa buvuye ibwami, ariko ibyo kwitabira ibi biriro bitaremezwa.

Ati “Ndabyemeza ko Igikomangoma Harry yakiriye ibaruwa ivuye mu biro by’umwami yerekeye ibirori byo kwimikwa. Gusa icyemezo cyo kwitabira uyu muhango kuri Harry na Meghan ntikirafatwa.”

Mu 2020 uyu muryango weguye ku myanya yabo nk’abanyamuryango b’ubwami bw’u Bwongereza, batangaza ko bagiye gutangira ubuzima bwabo badafite ubufasha bw’Umuryango w’Ibwami.

Umwami Charles yatumiye Igikomangoma Harry n'umuryango we mu birori bye byo kwimikwa
Umwami Charles yatumiye Igikomangoma Harry n'umuryango we mu birori bye byo kwimikwa
Prince Harry na Meghan batumiwe mu birori byo kwimika Umwami Charles ariko ntibaremeza ko bazitabira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages