Amakuru y’ubwegure bwa Gorka yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu nyuma y’ibyumweru ahwihwiswa.
Gorka ni umwe mu bantu bari bashyigikiye Trump ndetse inshuro nyinshi yakundaga kugaragara mu ruhame ashimangira Politiki ze.
Gusa nubwo uyu mugabo yakundaga kugaragara kuri Televiziyo ashyigikira Trump, uruhare rwe muri gahunda zitandukanye zijyanye n’imirimo yari ashinzwe benshi ntibarusobanukirwaga.
CNN yatangaje ko umwe mu bakozi bo muri White House yavuze ko ku wa Gatanu, Gorka yatanze ubwegure bwe akabushyikiriza Gen. John Kelly ushinzwe abakozi mu biro by’Umukuru w’Igihugu.
Uwo muntu watanze amakuru ku bwegure bwa Gorka yavuze ko byagaragaraga ko mu gihe kiri imbere nta kazi azaba agifite muri White House.
Kuva uyu mwaka watangira, abajyanama batandatu ba Perezida Donald Trump bamaze kwegura ku mirimo yabo aho muri bo higanjemo abakomeye nk’umuherwe Elon Musk.



















TANGA IGITEKEREZO