Uyu mutingito wari ku kigero cya 7.4 wibasiye Nepal mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2014, mu birometero 80 by’umujyi wa Katmandou aho wasenye inzu nyinshi.
Uyu mutingito wamaze umunota umwe, umaze guhitana nibura abantu 29 mu gihe abakomeretse barenze 1000.
Ubaye uwa kabiri wibasiye iki gihugu mu gihe kitageze ku kwezi kuko haherukaga undi wabaye ku itariki ya 25 Mata ugahitana abantu 7800 mu gihe inyubako nyinshi zasenyutse.
Inzu zasenyutse, ni izari zarajegejwe n’uherutse kuba muri Mata uyu mwaka.
Ntabwo ari muri Nepal gusa uyu mutingito wageze kuko no mu bice bimwe by’umurwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, watumye abakozi bava mu mirimo yabo.



















TANGA IGITEKEREZO