Urukiko Rukuru rwa Paris rwahanishije kuri uyu wa 26 Ugushyingo igihano cyo gutanga amayero 5 000, ni ukuvuga miliyoni 4,308,575 mu mafaranga y’u Rwanda, sosiyete France Télévisions bitewe n’ikiganiro cyakozwe n’imwe muri televiziyo zayo ku munyarwanda Padiri Wenceslas Munyeshyaka, wareze avuga ko cyamwise umunyabyaha ruharwa kandi atarabyemezwa mu nkiko.
Iki kirego Padiri Munyeshyaka, wari warakatiwe igifungo cya burundi n’inkiko zo mu Rwanda, yagitanze agendeye ku kiganiro kiri mu bwoko bw’ibiganiro bicukumbuye cyitwa “Pièces à Convictions” bisobanuye "ibimenyetso nyemezacyaha" cyacishijwe kuri Televiziyo France 3, Munyeshyaka akavuga ko bahangaye ubwisanzure bwe ku byaha ashinjwa.
Munyeshyaka, wahoze ari Padiri Mukuru muri Paruwasi ya Ste Famille i Kigali, agahungira mu Bufaransa nyuma ya jenoside, ubu akorera muri Paruwasi yaho ya Gisors Diyoseze ya Evreux.
Yatangiye gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Bufaransa guhera muri Nyakanga 1995.
Dosiye ye nayo yashyikirijwe Ubutabera bw’u Bufaransa mu 2007 itanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda.
Padiri Munyeshyaka yashinjaga abakoze iki kiganiro kumutangaza nk’umunyabyaha kabombo, mu gihe ubutabera butari bwamukatira igihano ku cyaha na kimwe.
Urukiko, mu gutangaza umwanzuro warwo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo, rwo rwemeje ko iyi televiziyo itanga amayero 5 000 nk’indishyi.
Ababuranira uyu mupadiri ariko bo bari barasabye ko yahabwa amayero ibihumbi 30 nk’impozamarira, bakavana iki kiganiro kuri interineti kandi bagatangaza inkuru ibikosora mu kiganiro gitaha kuri iyi televiziyo no ku bitangazamakuru bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO