Mu cyumweru gishize nibwo akanama gashinzwe umutekano muri Loni kemeje ko abapolisi ba Kenya boherezwa muri Haiti, mu butumwa bwa Loni.
Urukiko rwabaye ruhagaritse uwo mwanzuro nyuma y’ikirego cyatanzwe na Ekuru Aukot utavuga rumwe na Leta, wagaragaje ko uwo mwanzuro uhabanye n’itegeko Nshinga kuko nta tegeko riteganya uburyo abo bapolisi boherezwamo, hakaba nta n’amasezerano impande zombie zifitanye.
Aukot yavuze ko bitumvikana uburyo Kenya yakohereza mu mahanga Polisi ishinzwe kugarura umutekano mu gihe n’imbere mu gihugu yananiwe.
Urukiko rwafashe umwanzuro w’uko abo bapolisi baba baretse koherezwa kugeza tarki 24 Ukwakira 2023.
Haiti abapolisi ba Kenya bagiye koherezwamo ni igihugu kimaze igihe mu bibazo by’umutekano biterwa n’imitwe y’amabandi yayogoje igihugu ndetse n’ibibazo bya politiki.
Abapolisi Loni ishaka kwifashisha muri Haiti harimo abanya-Kenya ndetse n’abanya-Haiti ubwabo. Ni mu buryo bwo gufasha Haiti kugarura umutekano ku buryo hashobora kuboneka agahenge, hakaba amatora yakomeje gusubikwa guhera mu 2016.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!