Trump ariko kuri ubu uza ku isonga mu bakandida mu ishyaka ry’aba- Républicain bahabwa amahirwe yo gutoranywa mu bashobora kwiyamamariza kuba perezida, yabwiye ikinyamakuru The Washington Post ko adateze kureka kwiyamamaza uko byagenda kose.
Trump kandi yabwiye iki kinyamakuru ko nibiba ngombwa aziyamamaza nk’umukandinda ku giti cye kuko abona ishyaka rye ritamufata neza kandi mu buzima bwe yarabayeho atsinda ko atajya atsindwa na rimwe.
Nyuma yo gutangaza ko Amerika ikwiye kubuza Abayisilamu kwinjira muri iki gihugu, ibiro bya perezida (White house) byavuze ko Trump adakwiye kwiyamamaza.
Si White house yagaragaje ko idashyigikiye ibyavuzwe na Trump kuko hari n’abo mu ishyaka rye bagiye bagaragaza ko ibyo yavuze yatandukiriye cyane, muri abo harimo mugenzi we Jebb Bush bahanganiye umwanya wo kuzahagararira ishyaka ry’aba- Républicain mu matora y’umukuru w’igihugu.
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu nawe yagaragaje ko adashyigikiye ibyavuzwe na Trump avuga ko amadini yose agomba kubahwa.
Mu Bwongereza naho abaturage bakomeje gusaba ko Trump yabuzwa kwinjira muri iki gihugu aho abagera ku bihumbi 250 bamaze gusinya ubu busabe(petition), iki kibazo kizagirwaho impaka n’abadepite.
Minisitiri w’intebe w’ubwongereza, David Cameron nawe yagaragaje ko ibyavuzwe n’uyu muherwe ntacyo byafasha uretse gucamo abantu ibice.
Mu cyumweru gishize nibwo umuryango w’umugore n’umugabo b’Abayisilamu barashe ndetse banica abantu 14 mu bitaro biherereye i San Bernardino muri Leta ya California.



















TANGA IGITEKEREZO