00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yongeye gusaba ko Abanya-Palestine batuye muri Gaza bakwimurirwa muri Jordanie na Misiri

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 28 January 2025 saa 04:58
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira icyifuzo cy’uko Abanya-Palestine batuye muri Gaza bakwimurirwa mu bihugu bifite umutekano nka Misiri na Jordanie, aho bashobora kubaho nta gihungabanya ubuzima bwabo.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro kigufi yagiranye n’abanyamakuru ku wa 27 Mutarama 2025, igihe yinjiraga muri Air Force One.

Yagize ati “Icyifuzo cyanjye ni uko bajya kuba ahantu ntakibahungabanya, byaba urugomo cyangwa ibindi byahungabanya ubuzima bwabo.”

Yongeyeho ati “Urabona, urebye uburyo Gaza yangiritse bikomeye bitewe n’intambara yahuje umutwe wa Hamas na Israel, kandi hagiye hahora urugomo rukomeye cyane.”

Trump yongeye kuvuga ko yagiranye ibiganiro n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II ndetse na Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sis kuri iki Cyumweru ngo barebe uko abo baturage bafashwa.

Yigeze no gushimangira ko kuba ari agace kasenywe bikomeye n’imirwano, abaturage bakwiye gufashwa n’ibindi bihugu by’Abarabu.

France24 igitekerezo cya Trump ari uko ibyo bihugu byakwakira abakuwe mu byabo n’intambara muri Gaza.

Trump yongeye gushimangira ko Abanya-Palestine bakwimurwa muri Gaza bakajyanwa mu Misiri na Jordanie
Gaza yasenywe bikomeye n’imirwano yahuje Israel n’Umutwe witwaje intwaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages