00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Leta ya California ikomeje kwibasirwa n’inkongi y’umuriro

Yanditswe na

James Habimana

Kuya 27 August 2013 saa 08:20
Yasuwe :

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya California hakomeje kurangwa inkongi y’umuriro, yibasiye ishyamba ryitwa “Yosemite” ryibasiwe, aho kilometero 600 zimaze kwangirika bikomeye.
Kugeza ubu ibintu bitandukanye muri iyi Ntara bikomeje kwibasirwa n’iyi nkongi y’umuriro imaze iminsi 10 iyogoza aka gace, ikomeje kongerwa ingufu n’umuyaga arimo kuharangwa, ingomero z’amashanyarazi n’iz’amazi zikaba ari zo zikomeje kwibasirwa.
Daniel Berlant ushinzwe amashyamba no kurwanya umuriro (…)

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya California hakomeje kurangwa inkongi y’umuriro, yibasiye ishyamba ryitwa “Yosemite” ryibasiwe, aho kilometero 600 zimaze kwangirika bikomeye.

Kugeza ubu ibintu bitandukanye muri iyi Ntara bikomeje kwibasirwa n’iyi nkongi y’umuriro imaze iminsi 10 iyogoza aka gace, ikomeje kongerwa ingufu n’umuyaga arimo kuharangwa, ingomero z’amashanyarazi n’iz’amazi zikaba ari zo zikomeje kwibasirwa.

Daniel Berlant ushinzwe amashyamba no kurwanya umuriro muri iyi Ntara yabwiye BBC ko uyu muriro watangiriye mu ishyamba rya Stanislaus National Forest, ariko icyawuteye kitaramenyekana.

Umuyobozi w’Intara ya California Jerry Brown aravuga ko iyi Ntara iri mu bihe bidasanzwe, ni mu gihe uyu muriro ukomeje kwangiza bikomeye insinga zijyana amashanyarazi mu mujyi wa San Francisco.

Yakomeje avuga ko ivumbi ririmo guterwa n’uyu muriro, ryibasiye agace karimo ivomo rya Hetch Hetchy ritanga amazi mu mujyi wa San Francisco ho 85%, ariko hari icyizere ko atarandura ku buryo atakoreshwa.

Kugeza ubu ingomero ebyiri kuri eshatu zitanga amashanyarazi mu mujyi wa San Francisco zose zamaze kwangizwa bikomeye, nk’uko inzego z’ubutegetsi muri uyu mujyi zibitangaza.

Ibibatsi byaba bigiye kugera ku nyanjya ya Eleanor, ku bilometero 20 uvuye ku kirwa cya Yosemite, gisurwa na bamukerarugendo ibihumbi 15 buri munsi. Leta y’aka gace ivuga ko idateganya kuhahagarika, kuko abantu bazimya inkongi ibihumbi 2800 barimo guhangana n’iki kibazo.

Abazimya umuriro bari no gukoresha kizimyamwoto
Abazimya umuriro bariyongera buri kanya
Ikarita yerekana agace kibasiriwe n'umuriro

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages