00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Joe Biden yikuye mu baziyamamariza kuba Perezida

Yanditswe na

Habyarimana Froduard

Kuya 22 October 2015 saa 10:24
Yasuwe :

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Joe Biden, yemeje ko atazahatanira umwanya wo kuba perezida nubwo ishyaka rye rya Democratic Party ryateganyaga kumutangaho umukandida.
Joe Biden wikuye mu matora ya 2016, si ubwa mbere yikura mu matora kuko mu mwaka w’1988 na 2008 naho yagiye yikura muri iyi nkubiri hakiri kare.
Ukwikura mu matora kwa Joe Biden, byasigiye amahirwe menshi Hillary Clinton kuba ariwe uhagararira ishyaka rigendera ku mahame ya Demukarasi mu guhatanira umwanya wo (…)

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Joe Biden, yemeje ko atazahatanira umwanya wo kuba perezida nubwo ishyaka rye rya Democratic Party ryateganyaga kumutangaho umukandida.

Joe Biden wikuye mu matora ya 2016, si ubwa mbere yikura mu matora kuko mu mwaka w’1988 na 2008 naho yagiye yikura muri iyi nkubiri hakiri kare.

Ukwikura mu matora kwa Joe Biden, byasigiye amahirwe menshi Hillary Clinton kuba ariwe uhagararira ishyaka rigendera ku mahame ya Demukarasi mu guhatanira umwanya wo kuba perezida mu matora ya 2016.

Mu kiganiro Joe Biden yahaye itangazamakuru ari kumwe n’umufasha we ndetse na Barack Obama mu busitani bw’ingoro ya perezida wa Amerika yavuze ko nubwo atazemerera ishyaka rye kumutangaho umukandida, bitazamubuza gukomeza ibikorwa bya politike.

Yagize ati” nubwo ntazaba umukandida, ntabwo nzaceceka. Nzakomeza kuvuga nemye kandi n’imbaraga nyinshi uko nshoboye mfashe ishyaka ryanjye gukomeza imigambi ndetse no gufasha igihugu.”

Reuters yatangaje ko Joe Biden w’imyaka 72 y’amavuko, yikuye mu nkubiri yuzahagarariza ishyaka riharanira Demokarasi, mu gihe umuhungu we Beau, uheruka kw’itaba Imana muri Gicurasi 2015 azize Cancer y’ubwonko yari yamusabye kuzahatanira kuyobora Amerika mu matora agomba kuba umwaka utaha wa 2016.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko kwikura mu nkubiri kwa Joe Biden bihise biha amahirwe Hillary Clinton wasaga nkaho ariwe mu kandida uzahatana na Joe Biden.

Hillary Clinton yabaye umunyamabanaga mukuru wa 67 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva mu mwaka wa 2009 kugera 2013, akaba umufasha wa Bill Clinton wabaye perezida wa 42 w’iki gihugu azaba ahatanira kuba umukandida w’ ishyaka riharanira Demukarasi, hamwe n’abandi bagabo babiri barimo uwahoze ari guverineri wa leta ya Maryland, Martin O’Malley na Lincoln Chafee wahoze ayobora leta ya Rhode Island.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .