Ubu ahantu henshi hororerwa izi nyamaswa hashyizwe mu kato mu gihe inzego z’ubuzima ndetse n’ubworozi zirimo gushaka umuti w’iki kibazo.
Inzego zishinzwe ubuzima ku Isi zihangayikishijwe n’uko inyamaswa zishobora gutuma Coronavirus yiyongera cyane.
Mu Cyumweru gishize Danmark yafashe umwanzuro wo kwica miliyoni 17 za Mink zose ziri muri icyo gihugu nyuma yo kubona ko Coronavirus izirimo ishobora kugera mu bantu maze bigatuma urukingo rwa COVID-19 rurimo gushakishwa rutabasha kubakingira, gusa uyu mwanzuro nturashyirwa mu bikorwa.
Muri Leta zitandukanye nka Utah, Wisconsin na Michigan muri Amerika aho Coronavirus imaze kwica Mink, ubuyobozi bwatangaje ko budashobora guhita bufata umwanzuro wo kuzica ahubwo ngo zashyirwa mu kato mu gihe hategerejwe kureba uko muri Danmark bizagenda.
Abayobozi b’inzego za Leta, ab’urwego rushinzwe ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’urushinzwe guhangana no gukumira ibyorezo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo gufatanya mu gusuzuma no kugenzura imyitwarire ya Mink zanduye coronavirus.
Mink zanduye Coronavirus muri Leta ya Wisconsin na Utah ngo zabaga hafi y’abantu barwaye Covid-19.
Reuters yatangaje ko muri Leta ya Utah, ari na yo ya mbere yabonetsemo Mink irwaye Covid-19 muri Kanama, izigera ku 10 700 zimaze gupfa.
Umuganga w’inyamaswa witwa Dean Taylor yavuze ko mu isuzuma bakoze basanze icyorezo cyaraturutse mu bantu kijya mu nyamaswa. Ibi ngo babibonye ku nyamaswa zishwe na Covid-19 ndetse n’izikirwaye zitarapfa. Ikindi kandi ngo banasanze inyamaswa zanduye Coronavirus zigira ibimenyetso nk’iby’abantu bayanduye.
Ubu ngo hari gukorwa igenzura ngo barebe niba izi nyamaswa zishobora kwanduzanya hagati yazo cyangwa kwanduza abantu n’ubundi bwoko bw’inyamaswa.
Aborozi boroye Mink muri Leta Zunze ubumwe za Amerika bagiriwe inama yo kwambara udupfukamunwa n’uturindantoki mu gihe bagiye kwegera izo nyamaswa kugira ngo zitabanduza.
Impu za Mink ubusanzwe ngo zikorwamo ibikoresho bitandukanye. Ubu ngo haribazwa niba impu z’izirwaye zishoborora kugurishwa.
Ishami rishinzwe ubuhinzi n’ubworozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryatangaje ko uretse mink, ngo n’injangwe, imbwa, intare n’ingwe na zo zagaragaweho Coronavirus.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!