Ubwo Trump yigaruriga imitima y’abatuye muri Carolina y’Amajyepfo, niko umwe mu bahagarariye ishyaka ry’aba démocrates, Hillary Clinton yerekaga igihandure Senateri Bernie Sanders, mu matora yaberaga muri Nevada. Hillary yagize amajwi 502 mu gihe Sanders yagize amajwi 70.
Intsinzi zabo bombi ni impamba ikomeye iberekeza ku itora ryo ku wa Kabiri tariki 1 Werurwe, ubwo Leta zigera kuri 12 zizaba zitora. Intsinzi ya Trump ni amahirwe akomeye kuko umwe mu bari bahanganye muri ayo matora, uwahoze ari guverineri wa Floride, Jeb Bush yamaze kwikura mu iryo siganwa rigana mu biro by’umukuru w’igihugu.
Ni mu gihe Jeb Bush yaje ku mwanya wa kane n’amajwi 7,84%, bigaragara ko uwo muvandimwe w’uwahoze ari Perezida wa Amerika, George W. Bush, atashoboye kwemeza imitima ya benshi muri ayo matora.
Abandi ba Senateri Ted Cruz et Marco Rubio baje bakurikira Trump ku mwanya wa kabiri muri iyo Leta.
BBC yanditse ko intsinzi ya Hillary Clinton muri Nevada imuhesha amahirwe yo kuzakirwa neza muri Leta ya Carolina y’Amajyepfo mu cyumweru gitaha, aho ndetse bishobora kumubera inzira imwerekeza ku gutorerwa guhagararira ishyaka ry’aba démocrates.
Ubwo amatora y’ibanze azaba asojwe muri buri leta, abatsinze muri buri shyaka bazemezwa na congrès yaryo muri Nyakanga.



















TANGA IGITEKEREZO