Ubwo yari mu nama rusange y’umutekano ku Isi, i Munich kuwa Gatanu, ukuriye ubutasi bwa Amerika, James Clapper, yahamije ko Islamic State ishaka gukoresha intwaro z’ubumara mu bitero itegura kugaba kuri Amerika.
Clapper yakomeje avuga ko uwo mutwe wamaze kugaragaza ko ufite intwaro z’ubumara, kandi ko banazikoresheje mu ntambara yo muri Iraq no muri Syria.
Yongeye ati “Ni ibintu byigaragaza ko bakoresheje intwaro z’ubumara, kandi bafite gahunda yo gukomeza kubikoresha kandi ibimenyetso byerekana ko bashaka kuzikoresha badutera.”
Ukuriye ubutasi bw’u Bwongereza, Robert Hannigan, yavuga ko aho ISIS itandukaniye n’indi mitwe ari uko ifite amayeri menshi yo kugaba ibitero ndetse agaragaza ko bafite impungenge ku bumenyi buhambaye mu ikoranabuhanga nabyo bakoresha mu kugaba ibyo botero.
The guardian dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu Ugushyingo umwaka ushize, Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Manuel Valls yavuze ko ISIS ishobora kugaba ibitero ku Burayi ikoresheje intwaro z’ubumara.



















TANGA IGITEKEREZO