00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Ubwoba ni bwose bikanga ibitero by’intwaro z’ubumara bya Islamic State

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 14 February 2016 saa 08:49
Yasuwe :

Umuyobozi w’urwego rushinzwe ubutasi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Islamic State ishaka gukoresha intwaro za kirimbuzi mu bitero igamije kugaba kuri Amerika.

Ubwo yari mu nama rusange y’umutekano ku Isi, i Munich kuwa Gatanu, ukuriye ubutasi bwa Amerika, James Clapper, yahamije ko Islamic State ishaka gukoresha intwaro z’ubumara mu bitero itegura kugaba kuri Amerika.

Clapper yakomeje avuga ko uwo mutwe wamaze kugaragaza ko ufite intwaro z’ubumara, kandi ko banazikoresheje mu ntambara yo muri Iraq no muri Syria.

Yongeye ati “Ni ibintu byigaragaza ko bakoresheje intwaro z’ubumara, kandi bafite gahunda yo gukomeza kubikoresha kandi ibimenyetso byerekana ko bashaka kuzikoresha badutera.”

Ukuriye ubutasi bw’u Bwongereza, Robert Hannigan, yavuga ko aho ISIS itandukaniye n’indi mitwe ari uko ifite amayeri menshi yo kugaba ibitero ndetse agaragaza ko bafite impungenge ku bumenyi buhambaye mu ikoranabuhanga nabyo bakoresha mu kugaba ibyo botero.

The guardian dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu Ugushyingo umwaka ushize, Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Manuel Valls yavuze ko ISIS ishobora kugaba ibitero ku Burayi ikoresheje intwaro z’ubumara.

Ukuriye ubutasi bwa Amerika, James Clapper

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages