00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Umupolisi uheruka guhohotera umwirabura akoresheje ivi byatahuwe ko hari n’ubundi bugizi bwa nabi yakoze

Yanditswe na Habimana James
Kuya 29 May 2020 saa 12:30
Yasuwe :

Derek Chauvin wagize uruhare mu kwicwa anigishije ivi umugabo w’umwirabura, George Floyd bikamuviramo gupfa, byagaragaye ko yagiye ajya no mu bindi bikorwa byo guhohotera abantu no kubica mu myaka yashize.

Ku wa Mbere nibwo abapolisi bane bo mu Mujyi wa Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, birukanwe mu kazi nyuma yo kugaragara umwe muri bo witwa Derek Chauvin anigisha ivi George Floyd, bikamuviramo gupfa.

Polisi ya Minnesota yatangaje ko Floyd w’imyaka 46 yakoraga mu barinda umutekano mu nzu icuruza amafunguro, bamukekagaho gukoresha inyandiko mpimbano.

Nyuma y’uru rupfu hahise haduka imyigaragambyo ikomeye, amaguriro amwe akaba yarasahuwe.

Amakuru avuga ko uyu mupolisi Derek Chauvin w’imyaka 44 yagiye akora n’ibindi bikorwa byo guhohotera abaturage no kubica mu bihe byatambutse. Nko mu 2008, Chauvin yarashe umwe mu baturage bimuviramo gupfa.

Derek Chauvin ngo yaje gutangaza ko yarashe uyu muntu kuko ngo yari yitwaje icyuma. Polisi yaje guhanisha Chauvin kuba ashyizwe mu kiruhuko cy’akazi.

Uyu mupolisi yongeye kugaragara mu bindi bikorwa bibi mu 2010 ubwo we n’abandi bapolisi bagaragaye barasa uwitwa Wayne Reyes nawe akaza gupfa.

Mu 2017 Chauvin yongeye kwica uwitwa Philando Castile, ariko iki cyaha ngo yaje kugihanagurwaho.

Kugeza ubu abapolisi babiri aribo Derek Chauvin na Tou Thao nibo batangajwe amazina yabo, mu bari bagize itsinda ryishe George Floyd kuri uyu wa Mbere.

Urupfu rwa George Floyd rwateje imyigaragambyo ikomeye muri Amerika. Umupolisi wamunize akoresheje ivi byaje gutangazwa ko hari ibindi byaha yagiye agaragarwaho mu minsi ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages