Kimi Reylander w’imyaka icyenda y’amavuko, yarashwe na musaza we ubwo bari bagiye kwa Nyirakuru ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umukuru wa Polisi mu Mujyi witwa Irondale muri Leta ya Alabama, Lt Ken Atkinson, yasobanuye ko batazi uko imbunda yo mu bwoko bwa masotera yageze aho aba bana bakiniraga. Yavuze ko ishobora kuba yarazanwe n’undi muntu wo muri uyu muryango utaratekereje ko abana bashobora kuza kuhakinira.
Polisi yavuze kandi ko Kimi Reylander, isasu yarashwe na musaza we ryamufashe mu mutwe, nyirakuru akagerageza kumuramira, ariko bikaba iby’ubusa. Ngo yamugumye iruhande asenga, aza gupfa bamugejeje kwa muganga.



















TANGA IGITEKEREZO