Gargell Martin, umwana uri mu kigero cy’umwaka n’amezi 10 yahuye n’uruva gusenya ubwo yakinaga n’abavandimwe be hafi y’amazi atemba afite ubujyakuzimu bwa metero eshanu, akaza kwituramo.
Umuvandimwe we yihutiye kubimenyesha nyina wahise ahamagara ubufasha bw’ibanze bwasanze umwana yarohowe n’umuturanyi aho yari yafashwe n’igiti amazi amutembaho.
Dr. Frank Maffei wakiriye uyu mwana yatangaje ko Gardell yarokotse ku bw’amahirwe. Yakomeje agira ati: ” birenze kuba igitangaza uburyo uyu mwana yakize, ariko igishimishije kurushaho ni ukuntu yahise aba mutaraga.”
N’ibyishimo byinshi Rose Martin nyina wa Gardell yatangaje ko ari imbaraga z’Imana zakoze, kubwe yemera ko ari igitangaza Imana yamukoreye.
Gardell Martin akaba yamaze kuva mu bitaro, abaganga bakomeje gukurikirana ubuzima bwe bemeza ko amerewe neza.



















TANGA IGITEKEREZO