00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Urukiko rwagize umwere umupolisi warashe umwirabura w’imyaka 12

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 29 December 2015 saa 03:39
Yasuwe :

Urukiko rukuru rwo mu Mujyi wa Cleveland muri Leta ya Ohio muri Amerika rwanzuye ko nta gihano ruzaha umupolisi wishe arashe umwana w’umwirabura Tamir Rice w’imyaka 12 wari ufite imbunda y’igikinisho.

Uru rukiko rwanzuye ko rushingiye ku bimenyetso, rwemeje ko nta bihano ruzaha uyu mupolisi nkuko byatangajwe n’umushinjacyaha mukuru Tim McGinty kuwa 28 Ukuboza 2015.

Urukiko ruvuga ko habayeho kwibeshya ndetse no kutumvikana kuko umupolisi yabonye Rice afite imbunda ariko ntiyamenya ko ari igikinisho kuko itasaga nk’izisanzwe.

Nkuko bigaragara mu mashusho, abapolisi babiri Timothy Loehmann na mugenzi we Frank Garmback bari ku burinzi mu Mujyi wa Cleveland bahamagarwa babwirwa ko hari umuntu witwaje intwaro muri ako gace. Umwe muri bo yihutira guhita arasa Rice amasasu abiri mu nda ahita apfa, mu ijoro ryo kuwa 22 Ugushingo 2014.

Kuba icyemezo cy’urukiko kitaranyuze abirabura baba muri Amerika byatumye bamwe muri bo bajya mu mihanda barigaragambya abandi bagenda bandika ku mbuga nkoranyambaga bamaganira kure ibyo uru rukiko rwanzuye ndetse basaba Umuyobozi w’uyu Mujyi Rahm Emanuel kugira icyo abikoraho.

Ibi kandi abigaragambya basanga ari ubwicanyi bushingiye ku irondaruhu nyuma yaho mu minsi ishize mu Mujyi wa Chicago undi mupolisi yarashe abirabura babiri bahatuye.

Umuryango wa Rice wababajwe cyane n’imyanzuro y’uru rukiko kuko wari wasabye ko aba bapolisi bakurikiranwa. Gusa ngo ntibitunguranye kuko umushinjacyaha Tim McGinty yari yarakomeje kugaragaza ko atifuza ko aba bapolisi bafungwa.

Uyu muryango wasabye Minisiteri y’Ubutabera ko yakurikirana urupfu rwa Rice.

Abo mu muryango wa Rice ntibanyuzwe n'icyemezo cy'urukiko
Samaria Rice, Umubyeyi wa Tamir Rice yashenguwe n'agahinda
Kuba icyemezo cy’urukiko kitaranyuze aba birabura byatumye bamwe muri bo ndetse n'abazungu bajya mu mihanda
Rice yishwe arashwe amasasu abiri mu nda, mu ijoro ryo kuwa 22 Ugushingo 2014

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages