00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwari Perezida w’u Butaliyani yeguye ku mirimo ye

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 14 January 2015 saa 07:44
Yasuwe :

Giorgio Napolitano w’imyaka 89 yeguye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kuri uyu wa 14 Mutarama 2015, nyuma y’ukwezi kumwe agaragaje impungenge ku buzima bwe.
Inkuru ya RFI ivuga ko Giorgio Napolitano mu Ukuboza 2014 yari yatangaje ko izabukuru zituma ubuzima bwe butamera neza, bityo akaba atazarindira ko manda ye izarangira mu 2020.
Abataliyani bavuga ko bigoye gusimbura uyu munyapolitiki wa mbere ugendera ku matwara ya Gikominisiti wayoboye igihugu, bakamushimira ubwitange yagaragaje (…)

Giorgio Napolitano w’imyaka 89 yeguye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kuri uyu wa 14 Mutarama 2015, nyuma y’ukwezi kumwe agaragaje impungenge ku buzima bwe.

Inkuru ya RFI ivuga ko Giorgio Napolitano mu Ukuboza 2014 yari yatangaje ko izabukuru zituma ubuzima bwe butamera neza, bityo akaba atazarindira ko manda ye izarangira mu 2020.

Abataliyani bavuga ko bigoye gusimbura uyu munyapolitiki wa mbere ugendera ku matwara ya Gikominisiti wayoboye igihugu, bakamushimira ubwitange yagaragaje mu miyoborere ye yatumye bamufata nk’umubyeyi w’Igihigu, bamuhimba « Igikomangoma gitukura (le prince rouge)».

Yatangiye ibikorwa bya Politiki akiri muto, aho yahise ajya mu baakominisiti batavugaga rumwe n’Ubutegetsi bwa Benito Mussolini.

Perezida Giorgio Napolitano yabaye umuyobizi w’Inteko Ishinga Amategeko ku bwa Perezida Romano Prodi maza no kuba Minisitiri w’Umutekano mbere y’uko atorerwa umwanya w’umukuru w’igihugu mu mwaka w’ 2006, ndetse yongera gutorerwa indi manda mu 2013, akaba atabashije kuyisoza kuko yari kuzayirangiza mu 2020.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages