Iyo ntara yometswe ku ngufu kuri Venezuela nyuma y’amatora ya kamarampaka yabaye kuri iki Cyumweru.
Iyi ntara ikize ku bikomoka kuri peteroli, ingana na bibiri bya gatatu by’ubutaka bwose bwa Guyana. Ubusanzwe ubu butaka bwabarizwaga kuri Guyana nkuko byagenwe n’abakemurampaka mouzamahanga mu 1899.
Kuri uyu wa kabiri Perezida Maduro yeretse abagize Inteko Ishinga Amategeko ikarita nshya y’igihugu cye iriho n’iyo ntara biyometseho, ndetse avuga ko igiye kugezwa no mu mashuri n’ahandi hakorera inzego za Leta.
Hashyizweho n’urwego rwihariye rw’umutekano ruzajya rureberera intara ya Guayana Esequiba.
Maduro kandi yasinye itegeko rishya rihagarika sosiyete zose z’abanyamahanga zari zifitanye amasezerani na Leta ya Guyana muri iyo ntara, aziha amezi atatu yo kuba zahavuye.
Perezida wa Guyana, Isa Soares, yavuze ko ibyakozwe na Venezuela ari ubwiyahuzi ndetse agaragaza ko ingaruka zabyo zishobora kuba mbi.
Yavuze ko yatangiye kwitabaza ibihugu by’amahanga birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku buryo bishobotse hakwitabazwa ingufu.
Igihugu cya Brésil gishyigikiye Guyana ndetse cyamaze kwegereza ingabo zayo umupaka ukora ku ntara ya Guayana Esequiba, ku buryo bishobotse zakwinjira.
Intara ya Guayana Esequiba isanzwe ituwe n’abaturage bake ariko bakennye cyane, icyakora iherutse kuvumburwamo peteroli. Bivugwa ko peteroli ihari iramutse ibyajwe umusaruro, byaha Guyana ubushobozi bwo gucukura peteroli iruta iya Venezuela.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!