00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Venezuela yataye muri yombi abantu 32 bakekwaho kugerageza kwica Perezida

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 23 January 2024 saa 10:25
Yasuwe :

Ubushinjacyaha bwo muri Venezuela bwatangaje ko abantu 32 barimo abasivile n’abasirikare, batawe muri yombi nyuma y’iperereza ku byaha bashinjwa byo gutegura umugambi wo kwica Perezida Nicolas Maduro.

Abaregwa bose bemeye ibyaha ndetse batanga amakuru kuri uwo mugambi nk’uko Umushinjacyaha Mukuru, Tarek William Saab, yabibwiye itangazamakuru.

Yatangaje ko bashinjwa icyaha cy’ubugambanyi kandi ko babihamijwe. Hagati aho hari izindi mpapuro zashyizweho zo guta muri yombi abandi bantu 11 barimo abaharanira uburenganzira bwa muntu, abanyamakuru, abasirikare bari mu buhungiro bashinjwa kugaba igitero kuri Minisitiri w’Ingabo, Vladimir Padrino.

Perezida Maduro yatowe mu 2018 muri manda ya kabiri itarigeze ivugwaho rumwe ndetse ashyirirwaho ibihano byinshi.

Ibyo bihano byatangiye koroshywa uhereye igihe guverinoma yemereye gutegura amatora arimo ubwisanzure azaba muri uyu mwaka wa 2024.

Maduro utaratangaza niba aziyamamariza indi manda, akunze kwamagana abashaka kumukuraho barimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abo muri opozisiyo n’agatsiko ko muri Colombia gacuruza ibiyobyabwenge.

Aba mbere bakekwaho gushaka guhitana Maduro batawe muri yombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages