00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Venezuela yibasiwe n’umutingito ukomeye, abapfuye bashobora kurenga 10.000

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 25 June 2026 saa 08:55
Yasuwe :

Umutingito ukomeye w’igipimo cya 7.2 wibasiye Umurwa Mukuru Caracas muri Venezuela mu ijoro rishyira tariki 25 Kamena 2026, nyuma y’amasegonda 40 gusa, undi w’igipimo cya 7.5 wibasira ibice bya Yumare. Habarurwa abantu 32 bapfuye, 700 barakomereka.

Uyu mutingito wibasiye Venezuela ahagana Saa 01:00 z’igicuku ku isaha yo mu Rwanda.

Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodriguez yagiye kuri Televiziyo y’igihugu, avuga ko abantu 32 bishwe no kugwirwa n’inyubako abarenga 700 barakomereka.

Ati “Inyubako zaridutse, ubu turi gushyira imbaraga nyinshi zishoboka mu kurokora ubuzima bw’abantu benshi bushoboka [...] Mfashe umwanya ngo mvuge ko ibyabaye biteye agahinda, kandi turahumuriza ababuze ababo, turi kumwe nabo muri ibi bihe bitoroshye.”

Yakomeje avuga ko abashinzwe ubutabazi baturutse mu bindi bihugu bahagera vuba, anashima Perezida Donald Trump wabemereye ubufasha.

Uyu mutingito uri ku gipimo cya 7.2 wumvikanye mu bilometero 160 mu burengerazuba bwa Caracas. Amwe mu mashusho yafashwe yerekanye uburyo umutingito wangije bikomeye Ikibuga cy’indege cya Simón Bolívar mu Mujyi wa Maiquetía.

Nyuma y’iyi mitingito ibiri ikomeye yaraye yibasiye Venezuala, Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubumenyi bw’Isi n’ubutaka, cyatangaje ko imibare y’abapfuye ishobora gutumbagira ikagera ku bantu 10.000, kuko bamwe bagishakishwa.

Venezuela ni igihugu giherereye mu bice bikunze kwibasirwa n’imitingito, Mu 1812 abantu 30.000 baguye mu mutingito wibasiye imijyi ya Merida na Caracas. Mu 1967, undi mutingito ukomeye wibasiye Caracas, usenya inzu, abantu 240 barapfa.

Venezuela yibasiwe n'imitingito ibiri ikomeye, abapfuye bashobora kurenga 10.000

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages