00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin aziyamamaza mu 2024

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 8 December 2023 saa 03:12
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko aziyamamariza kongera kuyobora icyo gihugu mu matora ya Perezida azaba muri Werurwe 2024.

Niyongera kwiyamamaza agatorwa, bizatuma ayobora u Burusiya kugeza mu 2030.

Putin yabitangaje kuri uyu wa Gatanu mu birori byabereye ku biro bye bizwi nka Kremlin mu Murwa Mukuru Moscow.

Ni ku nshuro ya gatanu Putin azaba yiyamamarije kuyobora u Burusiya guhera mu 2000.

Amatora ya Perezida mu Burusiya azaba tariki 17 Werurwe 2024. Azitabirwa n’abatuye mu duce u Burusiya buherutse kuvana kuri Ukraine turimo Donetsk, Luhansk, Zaporizhzhia na Kherson.

Guhera muri Kanama 1999 nibwo Putin yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya. Mu 2000 yabaye Perezida asimbuye Boris Yeltsin.

Yayoboye manda ebyiri z’imyaka ine, ava ku butegetsi mu 2008 aho yasimbuwe na Dmitry Medvedev mu gihe Putin yasubiye kuba Minisitiri w’Intebe.

Yongeye gusubira ku mwanya wa Perezida mu 2012, kuva ubwo yagumye ku butegetsi ndetse mu 2021 hashyizwe itegeko rishywa rimwemerera kwiyamamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itandatu imwe imwe.

Yiyamamaje inshuro zose yemerewe, Putin w’imyaka 71 ashobora kuzageza mu 2036 akiyoboye u Burusiya.

Putin yatangaje ko azongera kwiyamamaza mu 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages