Ni amabwiriza ajyanye n’uko Guverinoma y’u Burusiya izajya ibasha kugera ku makuru y’abakoresha WhatsApp mu buryo bworoshye.
Ibi yabigarutseho ku wa 12 Gashyantare 2026 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yagaragaje ko Ikigo cy’Ikoranabuhanga cya Meta kigenzura WhatsApp cyananiwe gukurikiza amabwiriza cyahawe n’u Burusiya.
Ati “WhatsApp yahagaritswe kuko Meta iyigenzura yananiwe gukurikiza amabwiriza twari twayihaye. Ni yo mpamvu Guverinoma y’u Burusiya yahisemo guhagarika uru rubuga.”
Yakomeje ashishikariza abaturage gutangira gukoresha urubuga rwo mu Burusiya rwa MAX rukora nka WhatsApp.
Ati “MAX ni urubuga rushya, ruteye imbere, rworoshye gukoresha kandi rurizewe kuko ari urwa Leta yacu. Ni yo mpamvu nashishikariza abaturage bacu gutangira kurukoresha.”
Abantu benshi bahamya ko urubuga rwa MAX ari igikoresho cy’u Burusiya cyo kugenzura no kugera ku makuru bwite y’abaturage mu Burusiya, bwo bukabihakana buvuga ko MAX yashyizwemo serivisi nyinshi za leta hagamijwe kunoza imibereho yabo ya buri munsi.
U Burusiya buri kugerageza guhanga uburyo bw’itumanaho bukorewe imbere mu gihugu, ibigo byo mu mahanga bigasabwa kubahiriza amabwiriza byakwanga bikirukanwa.
Ubuyobozi bw’u Burusiya bwamaze gukaza amategeko ku ikoreshwa ry’izindi mbuga nka Snapchat, Facebook, Instagram naYouTube
WhatsApp ni urubuga rwifashishwa mu kohererezanya ubutumwa rukoreshwa n’abarenga miliyoni 100 mu Burusiya



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!