Apôtre Gitwaza yavuze ko ubwo yari yagiye gutanga ubutumwa bwiza muri Amerika, hagati ya 2003 na 2004 yakiriwe na Amb Mukantabana ndetse amutekera ubugari, ibintu atatekerezaga cyane.
Yabitangaje mu isengesho ryahuje abari bitabiriye Rwanda Convention USA, yari imaze iminsi ibera i Dallas muri Leta ya Texas. Hari mu gitaramo cy’amasengesho, USRCA Prayer Breakfast, cyasozaga iri huriro.
Apôtre Gitwaza yavuze ko muri iyo myaka, Ambasaderi Mukantabana yumvise ko hari umuntu wari uvuye mu Rwanda maze arabatumira arabakira, arabagaburira.
Ati "Yanyakiriye kenshi muri iki gihugu na mbere cyane ataraba na ambasaderi. Yaranyakiriye antekera ubugari. Nkunda ubugari cyane. Nari mu ivugabutumwa, yumva ko hari umwana w’Umunyarwanda uje, ati ‘muze iwanjye mbakire’. Imana iguhe umugisha rwose."
Apôtre Gitwaza yavuze ko ubwo yakiraga ubutumire bwa Amb Mukantabana bumutumira kujya muri USRCA Prayer Breakfast, atazuyaje bijyanye n’iyo neza yagiriwe mu myaka 22 ishize.
Mu bo Apôtre Gitwaza yashimiye harimo kandi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, agaragaza ko bombi baziranye kuva kera ndetse ko Nduhungirehe yagiye yakira uyu mukozi w’Imana mu bihe bitandukanye, ubwo yari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.
Yagize ati “Minisitiri [Nduhungirehe] ni inshuti yanjye cyane, ni umuntu mwiza. Uku mumubona ni ko ameze. Ni umuntu ushabutse, ni umwana wo mu mujyi ntabwo ari nkatwe bo mu cyaro. Ni umuntu usobanutse kuturusha.”
Yashimiye n’abandi bayobozi batandukanye bitabiriye Ihuriro rya Rwanda Convention USA. Yavuze ko kumutumira ngo atange ubutumwa bwiza ku Banyarwanda baba mu mahanga ari ibintu byamukoze ku mutima cyane.
Yemeje kandi ko iri huriro ari ikimenyetso cy’ubumwe n’ubufatanye bw’Abanyarwanda baba mu mahanga, ndetse ko ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’u Rwanda.
Yashishikarije abitabiriye kongera ibikorwa byo gushyigikirana no gukomeza kubaka ubumwe no gukunda igihugu cyababyaye.
Rwanda Convention USA yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye aho Abanyarwanda baganirijwe ku iterambere ry’u Rwanda mu nguni zose ndetse berekwa amahirwe ari mu gihugu bagomba kubyaza umusaruro.
Mu bayobozi bayitabiriye harimo Minisitiri Nduhungirehe, Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, Amb Mukantabana, Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Martin Ngoga n’abandi bayobozi mu nzego za leta n’iz’abikorera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!