Imodoka itezemo ibisasu yaturikiye hafi y’Ishuri rya Polisi mu murwa mukuru wa Yemen, Sanaa, ihitana abantu bagera kuri 30, abandi barakomereka.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters byatangaje ko abahitanwe n’iki gitero barimo abanyeshuri basanzwe biga muri iri shuri ry’igipolisi ndetse n’abari batonze umurongo bategereje kwiyandikisha.
Umuganga wo mu butabazi bwihuse yagize ati “ Ibintu byari biteye ubwoba. Twahageze dusanga imirambo iragerekeranye, hari nubwo wabonaga umutwe akabura igihimba.”
Nubwo Al Quaeda ariyo yakomeje kwigamba kuba inyuma y’ibitero nk’ibi muri iki gihugu, kugeza ubu abagabye iki gitero ntibaramenyekana.
Minisiteri y’umutekano muri Yemen yavuze ko iki gitero cyari kigamije gukoma mu nkokora igikorwa cyo kwandika abanyeshuri binjira mu gipolisi kiba buri mwaka.
Iki gitro kije gikurikira igiherutse kugabwa mu mujyi wa Ibb kigahitana abantu 26.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Leta zunze ubumwe z’Amerika ku iterabwoba mpuzamahanga, igaragaza ko mu 2013, muri Yemen habaye ibitero by’ubwiyahuzi 295 byahitanye abantu 291 bigakomeretsa 583.



















TANGA IGITEKEREZO