Ku wa Mbere tariki 14 Nyakanga 2025, Ibiro bya Perezida muri Ukraine byashyikirije Inteko umushinga w’itegeko usaba ko igihugu gikomeza kuyoborwa mu bihe bidasanzwe kugeza nibura tariki ya 5 Ugushingo 2025.
Kuva intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya yatangira gufata indi ntera mu 2022, Zelensky yashyizeho ibihe bidasanzwe nk’ingamba yo gucunga umutekano.
Itegeko Nshinga rya Ukraine riteganya ko amatora aba atemewe muri ibyo bihe, ibyatumye Zelensky akomeza kuyobora.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo n’uwahoze ari Perezida, Pyotr Poroshenko, amashyirahamwe yigenga, imiryango mpuzamahanga ishinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, ndetse n’itangazamakuru ryo mu Burengerazuba, bagaragaje impungenge ko ububasha Zelensky afite muri ibi bihe by’intambara bushobora kurandura burundu ubwisanzure bwa demokarasi.
Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza The Economist, giherutse gutangaza ko guverinoma ya Ukraine iri kugenda igana mu miyoborere y’igitugu, aho Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya perezida, Andrey Yermak, agaragara nk’ufite ijambo rikomeye mu ifatwa ry’ibyemezo.
Ubushakashatsi bwo mu kwezi gushize bwerekanye ko Zelensky ashobora gutsindwa mu matora na General Valery Zaluzhny, Umugaba Mukuru w’ingabo uherutse kwegura.
U Burusiya bwo buvuga ko budafata Zelensky nk’umuyobozi ufite ububasha bwo gusinya amasezerano mpuzamahanga, bukavuga ko ibyo yasinya bishobora kudahabwa agaciro kuko ari ku butegetsi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!