Hari mu biganiro byagombaga guhuriza abo bakuru b’ibihugu bombi i Istanbul muri Turikiya bigamije guhagarika intambara imaze imyaka itatu ihuje u Burusiya na Ukraine.
Byagombaga gukurikirwa n’iminsi 30 y’agahenge abo mu Burengerazuba bw’Isi bari barasabye mbere, ariko Putin akavuga ko hagomba kubanza ibiganiro.
Mu masaha y’igitondo ni bwo hamenyekanye ko Putin atacyitabiriye ibiganiro ahubwo ari buhagararirwe n’umufasha mu mirimo witwa Vladimir Medinsky.
Byababaje Zelensky cyane ndetse avuga ko byerekana uburyo Putin adakomeye ku gushaka kugarura amahoro hagati y’ibihugu byombi, ndetse ko yumva asuzuguwe cyane.
Yagize ati “ Ntabwo twahora duhonda ibirenge ngo turi gushaka Putin. Ndumva nsuzuguwe n’u Burusiya, nta gihe cyo guhura, nta ngengabihe, nta tsinda ry’abayozi bakuru, uku ni kunsuzugura cyane.”
Yakomeje avuga ko nawe atazitabira ibyo biganiro ahubwo azohereza itsinda riyobowe na Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine.
Ibi biganiro byari bwige ku masezerano y’agahenge y’iminsi 30, gusa Putin yavuze ko ayo masezerano atapfa gukorwa kuko Ukraine ishobora kuyakoresha ishaka izindi ngabo ndetse n’intwaro.
Ibi biganiro byari kuba ibya mbere bibaye hagati y’aba ba Perezida bombi kuva intambara yatangira.
Donald Trump, uri kugira uruhare kugira ngo iyi ntambara irangire akimara kumenya ko Putin atakigiye muri Turikiya na we yahise abisubika, icyakora avuga ko nta kintu kizongera gukorwa atarihurira na Putin ngo baganire.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!