Ibi Zelensky yabigarutseho mu kiganiro aherutse kugirana na ABC News, aho yabajijwe icyo avuga ku bihano Amerika yashyiriyeho u Buhinde kubera ko bwakomeje kugura ibikomoka kuri peteroli biturutse mu Burusiya.
Zelensky yasubije avuga ko ibihano byashyiriweho u Buhinde ndetse n’ibindi bihugu ari byiza kubera ko bizashyira igitutu gikomeye ku Burusiya bamaze igihe bahanganye mu ntambara.
Ati “Ndatekereza ko ari igitekerezo cyiza cyo gushyiraho imisoro ihanitse ibihugu bikomeje imikoranire n’u Burusiya.”
Ku wa 30 Nyakanga 2025, ni bwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yashyiriyeho u Buhinde ibihano by’imisoro kubera ubufatanye iki gihugu gikomeje kugirana n’u Burusiya.
Gusa nubwo Zelensky yatangaje ibyo, hashize iminsi Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, atangaje ko mbere y’uko yitabira inama y’umuryango SCO (Shanghai Cooperation Organization) wita ku bijyanye na politiki, ubukungu n’umutekano, yagiranye ibiganiro na Zelensky kuri telefone amugaragariza ko u Buhinde bushyigikiye ko amahoro yagaruka muri Ukraine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!