Zelensky ni umwe mu bakuru b’ibihugu batumiwe muri iyo nama yatangiye kuri uyu wa Kabiri, ihurije hamwe ibihugu by’ibihangange birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi by’i Burayi.
Ukraine imaze igihe isaba kwinjizwa muri NATO ndetse biri no mu byasembuye u Burusiya kugira ngo butangize intambara, kuko budashaka ko icyo gihugu baturanye kigira uruhande kibogamiraho.
Perezida Joe Biden wa Amerika yamaze gutangaza ko igihugu cye kitazashyigikira ko Ukraine yinjizwa muri NATO vuba kuko igifite byinshi byo gukemura, byongeye amategeko y’uyu muryango akaba atemera ko igihugu cyinjizwa muri uyu muryango kiri mu ntambara.
Zelensky yavuze ko byaba bibabaje igihugu cye kitinjijwe muri NATO, ntihanatangwe igihe nyacyo kizaba cyinjijwemo.
Ati “Ntabwo ari ibintu twari twiteze kandi biteye umujinya kuba nta gihe ntarengwa cyatanzwe ku kwinjiza Ukraine mu banyamuryango.”
Uyu muyobozi yavuze ko ukurikije ibiri ku murongo w’ibyigwa wa NATO, nta gahunda ihari yo kwinjiza igihugu cye muri uwo muryango.
Mu 2008 ni bwo NATO yemeye ko Ukraine ishobora kuzaba umunyamuryango, icyakora ntihigeze hatangazwa igihe bizakorerwa.
Zelensky yavuze ko no muri Lithuania, ibiri kuba byose igihugu cye gisa nk’icyahejwe.
Yavuze ko muri iyo nama ari byo aza kwibandaho, ku buryo ibikorwa byose igihugu cye kibigiramo uruhare.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!