00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yasabye Amerika guhagarika intambara imuhanganishije n’u Burusiya

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 5 July 2026 saa 04:28
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yavuze ko yaganiriye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amusaba ko igihugu cye cyafasha guhagarika intambara imaze imyaka ine ibahanganishije n’u Burusiya.

Zelensky yatangaje ko ibyo yabisabye Trump mu kiganiro bagiranye ku wa 4 Nyakanga, umunsi Amerika yizihirizaho umunsi w’ubwigenge.

Yavuze ko icyo kiganiro cyagenze neza cyane kuko baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo kureba aho imirwano ikomeje guhuza Ukraine n’u Burusiya igeze ndetse n’icyakorwa kugira ngo ihagarare.

Ati “Hari amahirwe y’uko iyi ntambara ishobora kurangira kandi Amerika yagaragaje ko izabigiramo uruhare kugira ngo irangire.”

Zelensky yakomeje avuga ko ibi biganiro yagiranye na Trump bazabisubukura neza mu nama y’Umuryango w’Ubutabarane wa NATO izabera muri Turikiya mu cyumweru gitaha.

Uyu muyobozi yongeye gushimira Amerika ku bufasha yahaye igihugu ayoboye mu ntambara bahanganyemo n’u Burusiya.

Zelensky yasabye Amerika guhagarika intambara imuhanganishije n’u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages