Zelensky yatangaje hari ibintu bike igihugu cye cyakwihanganira ariko hatarimo kwemera kuvogerwa.
Kugeza ubu urugamba rukomeye ruri kubera mu gace ka Mariupol aho u Burusiya bwifuza kukigarurira nubwo ingabo za Ukraine nazo zikomeje kwirwanaho mu rwego rwo gukumira u Burusiya kuba bwakwigarurira uwo mujyi
Zelensky yakomeje agira ati “Guhagarika intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine birasaba ko ibintu bisubira nkuko byari bimeze muri Gashyantare. Natorewe kuba Perezida wa Ukraine ntabwo ari Ukraine iciriritse. Iyi ni ingingo ikomeye kuri njyewe.”
Perezida wa Ukraine kandi yongeye kuvuga ko habaho ibiganiro bya dipolomasi bigamije guhuza impande zombi nubwo hari byinshi byangijwe n’intambara gusa u Burusiya bwo bugaragaza ko inzira y’ibiganiro yahagaze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!