00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yongeye gusaba kuganira na Putin

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 20 July 2025 saa 08:52
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yifuza kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, kubera ko ari bwo buryo bwonyine bwo guhagarika intambara hagati y’ibi bihugu byombi ndetse no kugarura amahoro.

Gusa u Burusiya bwo bugaragaza ko nta mpamvu yo gutuma abayabozi b’ibihugu byombi bahura mu gihe ababahagarariye bari mu biganiro byo guhagarika intambara, nubwo batarumvikana ku ngingo zimwe na zimwe.

Muri Gicurasi 2025 nibwo Putin yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine, hagamijwe gushaka igisubizo kirambye cyahagarika intambara imaze imyaka itatu hagati y’impande zombi, ariko avuga ko nta gitutu kizashyirwaho kugira ngo ibyo bigerweho.

Putin yavuze ko ibi biganiro ashaka ko bizabera i Istanbul muri Turikiya ku wa 15 Gicurasi 2025, ndetse ko yifuza ko bitangira buri ruhande rutagize ibyo rusabwa kubahiriza. Gusa icyo gihe Perezida Zelensky yamusubije amubwira ko we yifuza ko ibyo biganiro byaba hagati yabo.

Byaje kurangira ibiganiro bihuje abahagarariye ibi bihugu ndetse baza no kumvikana ku ngingo zimwe na zimwe zirimo no guhererekanya imfungwa ariko ibyo guhagarika intambara ntibyafatwaho umwanzuro.

Ku wa 19 Nyakanga, nibwo Zelensky yavuze ko aho ibiganiro bikwiriye kongerwamo agatege ndetse ko yifuza kugirana ibiganiro na Putin.

Ati "Ibiganiro hagati y’abayobozi bombi biracyenewe cyane kubera ko ni inzira ishobora gutuma hagaruka amahoro kandi Ukraine iriteguye."

Zelensky yongeye gusaba kuganira na Putin

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages