Zelenskyy yabivuze ku wa Gatatu, asaba abafatanyabikorwa be bo mu Burengerazuba gushyira igitutu ku Burusiya, avuga ko byafasha kurangiza intambara yo muri Ukraine.
Perezida wa Ukraine yagaragaje ko Amerika ishobora gushimuta Kadyrov kugira ngo byihutishe ibiganiro. Ashima igikorwa cya Trump muri Venezuela cyo gushimuta Perezida w’icyo gihugu, Nicolas Maduro.
Agira ati “Isi yose ishobora kubona igisubizo. Babikoze vuba cyane. Nibabikore no kuri Kadyrov… Wenda Putin ashobora kubyumva no kubyitaho.”
Uyu muyobozi wa Chechnya yahise asubiza vuba, ashinja Zelensky kugerageza guhungabanya ibiganiro aho kubishyigikira, amushishikariza gushyira mu bikorwa igikorwa no gufata icyemezo ku giti cye akamushimuta aho kwishingikiriza kuri Amerika.
Ati “Uyu muntu udafite ubwenge asaba ko ubutegetsi bwa Amerika bunshimuta. Mwibuke ko atigeze anagerageza kubikora ubwe, ntaranatekereza kubigerageza. Zelensky yerekanye ko ari umunyabwoba.”
Amerika yagabye igitero gitunguranye muri Venezuela mu mpera z’icyumweru gishize, ndetse ingabo za Amerika zifata Maduro n’umugore we, bajyanwa i New York kugira ngo akurikiranweho ibyaha birimo ibiyobyabwenge n’ibyiterabwoba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!