Ishyaka rya Mujuru rizitwa People First (Mbere na Mbere abaturage) rizahangana n’irya Mugabe uri ku butegetsi kuva Zimbabwe yabona ubwigenge mu 1980.
Kuri uyu wa Gatatu Mujuru yatangarije AFP ko ishyaka rye ari irisubiza abaturage uburenganzira bwo kwiyobora, aho kuyoborwa n’abategetsi.
Muri Mata 2015, BBC yatangaje ko Mujuru ari we wari witeguye kuyobora ishyaka rya Zanu-PF yaje kwirukanwamo .
Yirukanywe ashinjwa n’umugore wa Mugabe, Grace Mugabe gushaka gukura ku butegetsi Perezida Mugabe, ariko Mujuru abihakana yivuye inyuma.
Mujuru w’imyaka 60 , ni umwe mu bantu bari bakomeye mu ishyaka Zanu-PF, anazwi nk’umuntu wagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo guha ubwigenge Zimbabwe mu myaka ya 1970.



















TANGA IGITEKEREZO