Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera La Haye (CPI) rurasaba Leta ya Congo- Kinshasa gushyira mu bikorwa kandi mu buryo bw’ihuse ibyemezo bikubiye mu nyandiko zo guta muri yombi Mudacumura Sylvestre, umuyobozi wa FDRL, ukurikiranyweho ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko- muntu aregwa ko yabikoreye ku butaka bwa Congo hagati y’ umwaka wa 2009 na 2010.
Nk’uko inkuru dukesha Radio Okapi, ibivuga, Nicolas Kuyaku, ushinzwe ibikorwa by’ubukangurambaga by’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha mu Karere ka Ituri, avuga ko mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka, aribwo Leta ya Congo-Kinshasa yasabwe ku mugaragaro na CPI gushyira mu bikorwa ibikubiye mu nyandiko isaba itabwa muri yombi ry’umuyobozi wa FDRL.
Uyu muyobozi wa FDLR, umutwe w’abarwanyi bitwaje intwaro bateza umutekano mucye muri Kivu iy’Amajyaruguru iy’Amajyepfo, CPI yasohoye impampuro zo kumufata ku itariki ya 13 Nyakanga 2012, ni.
Mudacumura Sylvestre aregwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu no gutesha agaciro rubanda.



















TANGA IGITEKEREZO