Mu gihe hari amakuru avuga ko amato atwara peteroli ya Iran yaba yarakoresheje ibendera rya Tanzaniya, Igihugu cya Tanzania cyasabye ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Burayi byagifasha mu gukora iperereza ku ikoreshwa ry’ayo mabendera.
Umwe mu bagize inteko ishingamategeko wo muri Amerika aherutse kuvuga ko hari amato agera ku 10 yo muri Iran yakoresheje ibyangombwa bya Tanzania kugira ngo anyure ku ruhande ibihano Abanyamerika n’Abanyaburayi bafatiye Iran kuber, impungenge bafite kuri gahunda y’icyo gihugu mu gukoresha ingufu za nucleaire.
Urubuga rwa internet rwa BBC dukesha iyi nkuru ruvuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania Bernard Membe, yavuze ko ubwato bwose bwa Iran bwaba bwarahinduye ibendera, butagomba gushyirwa ku rutonde rw’amato ya Tanzania.



















TANGA IGITEKEREZO