Kimwe n’umutwe w’intagondwa z’umutwe wa Hezbollah, zifite icyicaro gikuru mu gihugu cya Libani, Perezida wa Irani Mahamoud Ahamedinejad batangaje ko Israel iramutse irashe isasu rimwe ku butaka bwa Irani, bazahita bayihindura ibishingwe.
Iyi nkuru dukesha TV5 ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Kanama, ivuga inerekana inama z’urudaca zikomeje gukorwa ku ruhande rwa Israel, kugira ngo igabe ibitero simusiga ku nganda za Irani zikora ibitwaro bya kirimbuzi.
Ibitero bitahiriye ingabo za Israel ubwo zarwanaga na Hezbollah muri Libani, ku itegeko rya Minisitiri w’Intebe Ariel Sharon n’imwe mu mpamvu zituma uwo mutwe ukomeje kwigamba kuzanesha Israel iramutse iteye Iran.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Ehoud Barack ufite Minisiteri y’Ingabo mu nshingano ze, bamaze kwemeza umugambi wo gutera ahakekwa ububiko bw’intwaro za kirimbuzi muri Irani.
N’ubwo bihagaze bityo, Perezida wa Israel Shimon Peres ntiyemeranya n’uwari we wese wifuza gukemura ibibazo yifashishije intambara.
Abahanga mu by’intambara mu gisirikare cya Israel bavuga ko igihugu cyabo kiyemeje gusenya inganda zitunganya intwaro za kirimbuzi muri Iran bizagitwara iminsi 30.



















TANGA IGITEKEREZO