00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri: Bamaze ijoro ryose imbere y’ingoro ya perezida mu myigaragambyo

Yanditswe na

Noël Turikumwe

Kuya 5 December 2012 saa 12:38
Yasuwe :

Ibihumbi by’abatishimiye ibyemezo bya Perezida Mohammed Morsi bavuga ko binyuranyije n’itegekonshinga, baraye bakoze imyigaragambyo aho bazengurutse ingoro ya perezida Morsi iherereye Héliopolis, kugeza ubwo igipolisi kinanirwa kubirukana.
Iyi myigaragambyo ikurikira inkubiri ya Morsi yo kwigwizaho ububasha, bagereranya n’igitugu cy’uwamubanjirije ku butegetsi, Hosni Moubarak.
Inkuru dukesha 20 minutes.fr ivuga ko imyigaragambyo yarushijeho gukara mu cyumweru gishize ubwo yamburaga (…)

Ibihumbi by’abatishimiye ibyemezo bya Perezida Mohammed Morsi bavuga ko binyuranyije n’itegekonshinga, baraye bakoze imyigaragambyo aho bazengurutse ingoro ya perezida Morsi iherereye Héliopolis, kugeza ubwo igipolisi kinanirwa kubirukana.

Iyi myigaragambyo ikurikira inkubiri ya Morsi yo kwigwizaho ububasha, bagereranya n’igitugu cy’uwamubanjirije ku butegetsi, Hosni Moubarak.

Inkuru dukesha 20 minutes.fr ivuga ko imyigaragambyo yarushijeho gukara mu cyumweru gishize ubwo yamburaga abacamanza uburenganzira bwo kuvuguruza ibyemezo bye.

Iyo mu ijoro ryacyeye yibasiye ingoro ya perezida n’inyandiko nyinshi ku nkuta zimwamagana. Gusa yabaye perezida Morsi atarimo., amakuru ya AFP akaba avuga ko iyi myigaragambyo yakomeje kugeza mu ma saa cyenda n’igice y’igitondo.

Muri yi myigaragambyo abamagana Morsi baririmba indirimbo zimwamaganira rimwe na Moubarak, kuko bakigereranya ubutegetsi bwabo nk’aho ari bumwe kuko bose bavuga ko bakoresha igitugu. Mu kwigaragambya kandi ibinyamakuru byigenga na byo byafashe umwanzuro wo kudasohoka ku wa kabiri.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages