00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndasaba imbabazi ko nakoresheje imiti itemewe-Armstrong

Yanditswe na

IGIHE & Agencies

Kuya 15 January 2013 saa 11:01
Yasuwe :

Lance Armstrong wabaye icyamamare mu mikino yo gusiganwa ku magare, yemereye Oprah Winfrey ko yakoresheje imiti yongera imbaraga mu gutsinda imikino y’isiganwa ku magare ya Tour de France.
Amakuru ari kuvugwa ubu ni uko Armstrong ari kuganira n’ubuyobozi ku buryo azasubiza ikigo cyo muri Amerika gishinzwe iby’iposita amafaranga cyahaye ikipe ye nk’inkunga.
Arrmstrong kandi ari kuvugana n’ubuyobozi uko yakwemera icyaha akanagaragaza amazina y’abagiye bamufasha kubona iyi miti ubusanzwe (…)

Lance Armstrong wabaye icyamamare mu mikino yo gusiganwa ku magare, yemereye Oprah Winfrey ko yakoresheje imiti yongera imbaraga mu gutsinda imikino y’isiganwa ku magare ya Tour de France.

Amakuru ari kuvugwa ubu ni uko Armstrong ari kuganira n’ubuyobozi ku buryo azasubiza ikigo cyo muri Amerika gishinzwe iby’iposita amafaranga cyahaye ikipe ye nk’inkunga.

Arrmstrong kandi ari kuvugana n’ubuyobozi uko yakwemera icyaha akanagaragaza amazina y’abagiye bamufasha kubona iyi miti ubusanzwe itemewe.

Ibi byazatuma agabanyirizwa ibihano yari yarafatiwe, igihe yaramuka atanze amakuru uko yakabaye hatabayeho kubikora nk’uwikiza.

Kwemera amakosa kwa Armstrong byabereye mu kiganiro cyuje amarangamutima yagiranye na Oprah kizatambuka kuri Televiziyo ku itariki ya 17 Mutarama uyu mwaka, mu kiganiro "Oprah’s Next Chapter".


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages