00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa: Hari ibitaro byafunguye ahakorerwa imibonano mpuzabitsina

Yanditswe na

Olivier Rubibi

Kuya 10 January 2013 saa 02:37
Yasuwe :

Ibitaro bya Wang Shengdong byo mu gihugu cy’u Bushinwa, byafunguye ibyumba bizajya bifasha abantu babuze urubyaro kumenya uburyo (Technics) bakwifashisha kugira ngo barubone.
Amakuru dukesha urubuga GS avuga ko umuyobozi w’ibyo bitaro atangaza ko Abashinwa bamwe batajyaga bamenya ko kubona umwana bidasaba gukora imibonano mpuzabitsina gusa, ko ahubwo hari na za tekiniki bisaba.
Ibyo byumba bizajya bikorerwamo imibonano mpuzabitsina birimo imfashanyigisho zifitanye isano (…)

Ibitaro bya Wang Shengdong byo mu gihugu cy’u Bushinwa, byafunguye ibyumba bizajya bifasha abantu babuze urubyaro kumenya uburyo (Technics) bakwifashisha kugira ngo barubone.

Amakuru dukesha urubuga GS avuga ko umuyobozi w’ibyo bitaro atangaza ko Abashinwa bamwe batajyaga bamenya ko kubona umwana bidasaba gukora imibonano mpuzabitsina gusa, ko ahubwo hari na za tekiniki bisaba.

Ibyo byumba bizajya bikorerwamo imibonano mpuzabitsina birimo imfashanyigisho zifitanye isano n’ikoranabuhanga zifasha ababikodesheje kumenya uko bakoresha izo tekiniki. Birimo kandi amashusho agaragaza uburyo umuntu ategura uwo bagiye kugirana imibonano mpuzabitsina, ndetse n’agaragaza abantu bayikorana.

Ibitaro bya Wang Shengdong mu gice kizajya gikorerwamo imibonano mpuzabitsina

Usibye ayo mashusho, muri ibyo byumba harimo intebe n’uburiri bishamaje hakabamo n’urumuri rutukura rushobora gutuma umuntu yishimira gukora imibonano mpuzabitsina nk’uko GS rubitangaza.

Ibi byumba byihagazeho ku biciro, kuko abantu bazajya babiraramo ijoro rimwe gusa bazajya bishyura ama-Youans 880 ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda 93600 umuntu acishirije.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages