00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyonzi Armstrong agiye kwamburwa ibikombe birindwi

Yanditswe na

Innocent Ndahiriwe

Kuya 24 August 2012 saa 04:10
Yasuwe :

Igihangange mu gusiganwa ku magare Lance Armstrong agiye kwamburwa ibikombe bye birindwi yatsindiye mu marushanwa atandukanya ya Tour de France, nyuma yo kugaragarwa ho kuba yarakoreshaga imiti yongera ingufu mu marushanwa.
Travis Tygart ni umuyobozi mukuru w’Ikigo Nyamerika gipima kika narwanya ikoreshwa ry’imiti nyongera ngufu mu bakinnyi (USADA), yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko uyu munyonzi azamburwa ibikombe yatsindiye guhera kuwa 1 Kanama 1998.
Aya makuru aje (…)

Igihangange mu gusiganwa ku magare Lance Armstrong agiye kwamburwa ibikombe bye birindwi yatsindiye mu marushanwa atandukanya ya Tour de France, nyuma yo kugaragarwa ho kuba yarakoreshaga imiti yongera ingufu mu marushanwa.

Travis Tygart ni umuyobozi mukuru w’Ikigo Nyamerika gipima kika narwanya ikoreshwa ry’imiti nyongera ngufu mu bakinnyi (USADA), yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko uyu munyonzi azamburwa ibikombe yatsindiye guhera kuwa 1 Kanama 1998.

Aya makuru aje nyuma y’uko Armstrong atangarije kuri uyu wa 23 Kanama, ko ahagaritse ubujurire bwe mu rukiko mu rubanza ya regwagamo na USADA kuba yarakoresheje imiti nyongera ngufu mu marushanwa atandukanye kuva 1999-2005.

Armstrong yafashe iki cyemezo nyuma yo guterwa utwatsi n’urukiko rwa Austin i Texas muri Amerika maze biha urwaho iki kigo kirwanya iroreshwa ry’imiti yongera ingufu mu bakinnyi ku mukurikirana.

Yagize ati “Bibaho mu buzima bwa muntu ko umuntu avuga ngo ndahagaritse, iki rero nicyo gihe”.

Armstrong w’imyaka 40, yatangarije ku rubuga rwe rwa Twitter ko ahagaritse urubanza na USADA maze agakurirana gusa ibijyanye n’umuryango we.

“Yagize ati uyu munsi mpinduye paji, si nzongera guta igihe kuri iki kibazo ngiye guha igihe cyanjye ku gikorwa natangiye na mbere y’uko nsindira igikombe cya Tour de France ”. Yongeraho ko ariye gukomeza gufasha abantu bagizweho ingaruka na kanseri.

Amstrong umaze umwaka ahagaritse umukino wo gusiganwa ku magare, yari yaregeye urukiko ko rwahagarika USADA kumukoraho iperereza, kuko ngo itabifitiye ububasha.

Lance Armstrong ni Umunyamerika wavutse kuwa 18 Nzeri 1971 i Texas, mbere yitwaga Lance Edward Gunderson, yatwaye igikombe cya Tour de France inshuro 7. Yabaye n’uwa mbere ku isi 1993, akaba yararwaye kanseri y’udusabo tw’intanga muri 1996, anakekwaho ikoresha ry’ibiyobya bwenge.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages