00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Imyitwarire ya Obama mu kibazo cy’umuyaga Sandy iramuhesha amahirwe

Yanditswe na

Noël Turikumwe

Kuya 31 October 2012 saa 07:53
Yasuwe :

Imyuzure yatewe n’umuyaga wabatijwe Sandy uvanze n’imvura nyinshi, kuva mu ijoro ku wa mbere ukomeje kwangiza ibintu muri Leta zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho abantu barenga 40 bamaze gupfa naho miliyoni umunani zikaba zibayeho nta mashanyarazi.
Inkuru ya France 24 ivuga ko mu Majyepfo y’agace ka Manhattan hari harengewe n’amazi ndetse n’imodoka zigatembanwa n’imivu n’umugezi wa Hackensack wangije NewJersey bitewe n’uyu muyaga ukomeje.
Imibare imaze kugaragazwa kuri ubu (…)

Imyuzure yatewe n’umuyaga wabatijwe Sandy uvanze n’imvura nyinshi, kuva mu ijoro ku wa mbere ukomeje kwangiza ibintu muri Leta zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho abantu barenga 40 bamaze gupfa naho miliyoni umunani zikaba zibayeho nta mashanyarazi.

Inkuru ya France 24 ivuga ko mu Majyepfo y’agace ka Manhattan hari harengewe n’amazi ndetse n’imodoka zigatembanwa n’imivu n’umugezi wa Hackensack wangije NewJersey bitewe n’uyu muyaga ukomeje.

Imibare imaze kugaragazwa kuri ubu irerekana ko 33 bamaze gupfa, harimo 15 bo muri leta ya New York na 10 mu Mujjyi wa New York City. Nyuma y’uyu muyaga uvanze n’imvura, miliyoni umunani z’abaturage bo muri leta zigera kuri 18 ziri mu mwijima. Aha bavuga ko leta ya New Jersey ari yo yabuze umuriro cyane aho miliyoni ebyiri n’igice babuze umuriro.

Aya makuru agaragaza ko nta cyo byahungabanyije ku nganda zikora ibijyanye n’ubutare bwa kirimbuzi.

Perezida wa Amerika Barack Obama, yatangaje ko agiye gutangiza gahunda yo gufasha abahungabanyijwe n’iyi myuzure yatewe n’umuyaga uvanze n’imvura.

Imyitwarire ya Obama iramuhesha amahirwe yo gutsinda amatora

Kuri uyu wa gatatu, Perezida wa Amerika Barack Obama wabaye asubitse ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora ashigaje igihe gito ngo abe yavuze ko Leta ya New Jersey yakozweho cyane n’ingaruka z’uyu mwuzure.

Guverineri wo mu ba Republicain, Chris Christie akaba anashyigikiye Mitty Romney, avuga ko Barack Obama yaba ari we wagaragaje kwitwara neza imbere y’ibi biza.

Mitty Romney nk’umukandida wiyamamariza kuyobora Amerika na we ibikorwa bye byo kwiyamamaza muri leta ya Ohio ngo yahise ayihinduramo ibikorwa bya kimuntu, afasha abagizweho ingaruka n’iyi myuzure yatewe n’umuyaga Sandy.

Iyi myuzure iterwa n’imvura ndetse n’umuyaga ufite umuvuduko wa km 130 ku isaha, watangiye ku wa mbere tariki ya 29, bikaba bivugwa ko washenye amashuri ugahagarika ingendo rusange ndetse n’ingendo z’indege 6000 zo ku bibuga by’indege byo mu Majyaruguru y’Uburasurazuba. Ibyangijwe byose bibarirwa agaciro kari hagati ya miliyari 10 na 20 z’amadolari ya Amerika.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages