Uwari Perezida wa Venezuela muri Amerika y’Epfo, Hugo Chavez, ku Cyumweru ku itariki ya 7 Ukwakira 2012 hatangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu ku majwi 54,42% ku majwi 44,97% y’uwo bari bahanganye, Henrique Capriles Radonski nyuma y’ibarura rya 90% ry’impapuro z’itora.
Nk’uko urubuga 7 sur 7 rwabitangaje Tibisay Lucena, Perezida w’Inama y’Igihgu y’Amatora, yatangaje amajwi ku mugaragaro .
Ati " Perezida Hugo Chavez Frias yagize amajwi 54,42%, ni ukuvuga ko yatowe n’abantu bagera hafi miliyoni 7 n’igice, mu gihe uwo bari bahanganye Henrique Capriles Radonski, yagize amajwi 44,97% ni ahwanye n’abantu basaga gato miliyoni 6 ».
Radonski avuga ko aribwo bwa mbere habaye ubwitabire mu matora buri hejuru muri iki kinyejana, kuko hatoye 80,94% y’abagombaga gutora.
Uwo bari bahanganye nawe yahise yemera ko yatsinzwe amatora, ko azategereza kwiyamamariza indi manda itaha.
Hakimara gutangazwa gutsinda kwa Hugo, mu murwa mukuru Caracas hahize haraswa mu kirere imuri z’uruvangitirane rw’amabara nk’inkimenyetso cy’ibyishimo.
Ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Hugo yahise yandika aya magambo « Murakoze baturage nkunda !!! Harakabaho Venezuela !!! Harakabaho Bilivar !!! Urakoze Mana yanjye! Murakoze mwese !!! »
Perezida Hugo w’imyaka 58 y’amavuko yageze ku butegetsi mu 1999, ubu atorewe manda ye ya 4 izamara imyaka 6 ayobora igihugu gikungahaye kuri peteroli.



















TANGA IGITEKEREZO