Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa kane tariki ya gatandatu yabaye leta ya mbere muri iki gihugu yemeje mu mategeko ikoreshwa ry’urumogi ku mpamvu zo kwishimisha ku bantu bafite imyaka y’ubukure.
Inkuru ya Reuters ivuga ko iri tegeko ryakiranywe ibyishimo n’abanywa urumogi, ku buryo bikimenyekana bahuye bagakora ibirori.
Iri tegeko ryemera gutunga urumogi garama 28,5, rugakoreshwa mu buryo bwo kwinezeza ku bantu bose bafite imyaka iri hejuru ya 21.
Iyo ngano ngo ishobora kwiyongera ikagera ku magarama 450 iyo runyobwa mu migati, bikagera no ku biro bibiri n’ibice bine iyo ruri mu mazi (Liquide).
Mu rwego rw’ibiyobyabwenge, iri tegeko ribuza abarukoresha gutwara imodoka barunyoye no kurunywera mu ruhame. Ubu urumogi rugiye mu mubare w’ibicuruzwa byemewe n’amategeko, rukazajya rwinjiza n’imisoro n’ubwo hari ababona iri tegeko nk’insinzi y’urumogi.
N’ubwo abantu bemerewe kugura urumogi rutarengeje ibipimo bigenwa n’iri tegeko, biracyabujijwe kuruhinga no kurusangira.



















TANGA IGITEKEREZO