00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 20 Nzeri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 September 2026 saa 04:26
Yasuwe :

Turi ku wa 20 Nzeri 2026.
Ni umunsi wa 263 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 102 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2014: Rwanda Day yabereye muri Leta ya Georgia, umujyi wa Atlanta muri Amerika.
1977: Vietnam yakiriwe mu Muryango w’Abibumbye.
1979: Umwami w’Abami Bokassa yahiritswe n’abari bashyigikiwe n’u Bufaransa ku butegetsi bwa Centrafrique yari yarahinduwe ubwami.
2019: Abantu biganjemo abanyeshuri bagera kuri miliyoni enye (…)

Turi ku wa 20 Nzeri 2026.

Ni umunsi wa 263 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 102 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2014: Rwanda Day yabereye muri Leta ya Georgia, umujyi wa Atlanta muri Amerika.

1977: Vietnam yakiriwe mu Muryango w’Abibumbye.

1979: Umwami w’Abami Bokassa yahiritswe n’abari bashyigikiwe n’u Bufaransa ku butegetsi bwa Centrafrique yari yarahinduwe ubwami.

2019: Abantu biganjemo abanyeshuri bagera kuri miliyoni enye hirya no hino ku Isi, bakoze imyigaragambyo ihamagarira ibihugu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubungabunga ikirere.

Mu muziki

2019: Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Burna Boy yakoreye igitaramo ahitwa The Fillmore muri Amerika mu byiswe African Giant, gifatwa nk’icyamushyize ku ruhando rw’ibihangange mu muziki.

Abavutse

1942: Havutse Rose Francine Rogombé wayoboye Gabon igihe gito nyuma y’urupfu rwa Omar Bongo.

1993: Julian Draxler, Umudage wamenyekanye mu mupira w’amaguru mu bakina basatira izamu.

Abapfuye

2003: Hapfuye Simon Muzenda wabaye visi perezida wa mbere wa Zimbabwe.

2011: Burhanuddin Rabbani wayoboye Afghanistan.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages