00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 27 Werurwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 March 2026 saa 07:11
Yasuwe :

Turi ku wa 27 Werurwe 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga w’Ikinamico, wizihizwa kuva mu 1961.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1996: Nahimana Ferdinand wari warashinze Radiyo RTLM yatawe muri yombi mu gihugu cya Cameroun aho yari akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside no kuba Radiyo yari abereye umuyobozi ari yo yifashishijwe mu kubiba urwango n’amacakubiri mu Banyarwanda yavuyemo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
2000: Macedonie ya Ruguru yabaye umunyamuryango wa 30 wa NATO. (…)

Turi ku wa 27 Werurwe 2026.

Ni Umunsi Mpuzamahanga w’Ikinamico, wizihizwa kuva mu 1961.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

1996: Nahimana Ferdinand wari warashinze Radiyo RTLM yatawe muri yombi mu gihugu cya Cameroun aho yari akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside no kuba Radiyo yari abereye umuyobozi ari yo yifashishijwe mu kubiba urwango n’amacakubiri mu Banyarwanda yavuyemo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2000: Macedonie ya Ruguru yabaye umunyamuryango wa 30 wa NATO.

1998: Ikigo gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti muri Amerika, FDA, cyemeje ikoreshwa rya ‘Viagra’ nk’umuti wo gufasha abagabo bafite ikibazo cy’uko igitsina cyabo kidafata umurego ari na wo muti wa mbere wari wemejwe ku bafite icyo kibazo.

2015: Abarwanyi ba Al-Shabab bagabye igitero muri Hotel y’i Mogadishu muri Somalie, bica abantu 20.

Mu muziki

1969: Mariah Carey yavukiye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyu akaba yarabaye umugore wacuruje imiziki ye kurusha abandi ku isi mu myaka ya 1990, anahabwa akabyiniro k’”Umwamikazi wa Noheri” bikomotse ku ndirimbo ye yamamaye cyane "All I Want For Christmas Is You."

Abandi bavutse uwo munsi

1912: James Callaghan wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

1941: Ivan Gašparovič, Swabaye perezida wa gatatu wa Slovakie.

1991: Sugira Ernest wabaye Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Rayon Sports na APR FC.

Abapfuye

1974: Eduardo Santos wabaye perezida wa 15 wa Colombia.

2024: Daniel Kahneman, Umunyamerika w’impuguke mu bukungu n’umwanditsi ufite inkomoko muri Israel, yanahawe igihembo cyitiriwe Nobel.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages