00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 30 Gicurasi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 30 May 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Turi ku wa 30 Gicurasi 2026.
Ni umunsi mpuzamahanga w’ibirayi hazirikanwa akamaro kabyo mu mirire ya buri munsi.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2020: Umuntu wa mbere mu Rwanda yahitanywe n’icyorezo cya Covid-19.
2012: Charles Taylor wahoze ayobora Libéria yakatiwe gufungwa imyaka ashinjwa ibyaha by’intambara mu ntambara ya gisivili yo muri Sierra Leone.
2013: Nigeria yatoye itegeko rikumira ishyingiranwa ry’abahuje igitsina.
2024: Donald Trump yahamijwe ibyaha 34 (…)

Turi ku wa 30 Gicurasi 2026.

Ni umunsi mpuzamahanga w’ibirayi hazirikanwa akamaro kabyo mu mirire ya buri munsi.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2020: Umuntu wa mbere mu Rwanda yahitanywe n’icyorezo cya Covid-19.

2012: Charles Taylor wahoze ayobora Libéria yakatiwe gufungwa imyaka ashinjwa ibyaha by’intambara mu ntambara ya gisivili yo muri Sierra Leone.

2013: Nigeria yatoye itegeko rikumira ishyingiranwa ry’abahuje igitsina.

2024: Donald Trump yahamijwe ibyaha 34 by’inyandiko mpimbano bifitanye isano n’amafaranga yishyuye umukinnyi wa filimi z’urukozasoni, Stormy Daniels nyuma yo kuryamana kugira ngo atazamuvamo.

Mu muziki

1992: Michael Jackson wari umaze imyaka itandatu atagaragara mu itangazamakuru, yakoranye ikiganiro na Oprah Winfrey cyagarutse ku ngingo zitandukanye.

Abavutse

1972: Cameron Diaz uzwi mu gukina filimi muri Amerika.

1999: Eddie Nketiah ukinira ikipe ya Cristal Palace mu Bwongereza.

Abapfuye

1994: Marcel Bich, uri mu bashinze Sosiyete ya Bic.

2009: Ephraim Katzir, Israeli wabaye perezida wa kane wa Israel.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages